Mu mwaka w’ 1994, ubwo nyakwigendera Nelson Mandela yatangaga ubuhamya k'ubuzima bwe mu nyandiko yise “Inzira Ndende yo Kwibohora (Long Walk to Freedom)”, yagarutse ku birango by’umuyobozi nyawe.
Mandela yavuze ko umuyobozi ari nk’umushumba w’intama uziyoborera ahirengeye, maze izifite imbaraga zigafata iya mbere izindi zigakurikiraho.
Imiyoborere ishingiye ku bwizerane nibwo buryo bwiza bwo gukora nta rwikekwe, ni akabando gasindagiza Abasangirangendo batahiriza umugozi umwe kandi batumbiriye intego rusange.
Icyo Ijambo ry’Imana ritubwira
Imiyoborere myiza inavugwaho muri Bibiliya Yera ndetse na Torah, Kuva 18:1-20, 23,


